Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Gicurasi 2017, ubwo uyu mugabo yambukaga umuhanda mu Murenge wa Nyarugenge, hafi n’ahakorera Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, maze agahita akubitana na moto yerekezaga mu Mujyi, iramugonga arakomereka kimwe n’uwari uyitwaye, gusa uwo yari ahetse nta cyo yabaye.
Ababibonye bavuga ko uyu mugabo yari yasinze cyane, bakemeza ko ari we wateje iyo mpanuka.
Bizimungu Andrew wabonye iby’iyi mpanuka yagize ati “ Uriya mugabo wari wikoreye inzoga yari yasinze cyane, ahubwo agize Imana kuko iyo moto itamugonga iyi modoka yo yari guhita imwica.”
Iyi mpanuka ikimara kuba, hahise hitabazwa polisi n’imbangukiragutabara ihita ikorera ubuvuzi bw’ibanze abakomeretse mbere yuko bajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya CHUK.



















TANGA IGITEKEREZO