00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Hari aho abagore bari mu mihango batemererwa kujya ku rusengero

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 July 2026 saa 11:57
Yasuwe :

Tariki ya 13 Nyakanga 2026, abagore batuye muri Komini Kananga mu Ntara ya Kasai-Central iri mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakoze imyigaragambyo, basaba ko imiziririzo bashyiriweho ikurwaho kuko irimo akarengane.

Aba bagore bagaragazaga ko batumva impamvu mu gihe bari mu mihango batemererwa kwegera abagabo babo, gutegura amafunguro cyangwa kujya mu nsengero, kandi ubwo ari uburenganzira bakwiye kugira igihe cyose.

Céline Kalanga ufite imyaka ibariwa muri 50 yagize ati “Umugore uri mu mihango ntiyakwegera umugabo we. Ntiyategura amafunguro, ntiyajya ku rusengero kubera ko hafatwa nk’ahera.”

Imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore nka Dynamique ‘Actions pour la Défense des Droits des Femmes, Filles et Enfants’ yahagurukiye kurwanya iyi myumvire binyuze mu kwigisha abaturage ko kujya mu mihango atari ikizira.

Tariki ya 13 Nyakanga, uyu muryango watangiye ubukangurambaga muri komine Lukonga na Kananga ndetse no mu bice byo muri teritwari ya Demba.

Abagore bo muri Kasai basabye kurenganurwa, bakemererwa kwitabira ibikorwa bitandukanye nk'abandi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages