Nibwo bwa mbere irushanwa nk’iri rizaba ribaye muri icyo gihugu cyo ku mugabane w’u Burayi, aho abazaryitabira bazajya bahabwa nibura hagati y’iminota 45 n’isaha yo gukora imibonano mpuzabitsina.
Hazaba hari akanama nkeramurampaka gashinzwe gutanga amanota ku barushanwa, mu byumweru bitandatu bazamara bishakamo umuhanga kurusha abandi.
Times of India yatangaje ko abantu 20 bamaze kwiyandikisha, aho bazahatana mu byiciro bitandukanye birimo gutegura uwo mugiye gukorana imibonano mpuzabitsina, gukoresha umunwa mu gushimishanya, ubuhanga mu kunanura imitsi y’umubiri bigamije ishimishamubiri, ubuhanga mu guhindura uburyo bwo gukoramo imibonano mpuzabitsina, kurushanwa gushimisha uwo muri gukorana imibonano mpuzabitsina bitewe n’inshuro yarangije n’ibindi.
Dragan Bratych uyobora ishyirahamwe Swedish Federation of Sex yatangaje ko bateguye iri rushanwa bashaka kwerekana ko imibonano mpuzabitsina ari umukino nk’indi, kandi yafasha mu mikorere myiza y’umubiri.
Dragan yavuze ko nk’uko indi mikino yose ibanza gukorerwa imyitozo, n’imibonano mpuzabitsina ngo niko bimeze, ari nabyo bashaka guteza imbere ku buryo uyu mukino uzamamara mu bindi bihugu by’i Burayi, inzobere muri wo zigahembwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!