00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Suède yaciye ibyo gushakana kw’abafitanye isano

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 May 2026 saa 11:40
Yasuwe :

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Suède bose, batoye itegeko ribuza ababyara ndetse n’abantu bose bafitanye isano rya bugufi kuba babana nk’abashakanye.

Iri tegeko ryatowe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 26 Gicurasi 2026 rizatangira kubahirizwa kuva tariki ya 1 Nyakanga 2026.

Rireba kandi abantu bahuje umubyeyi umwe ndetse n’abarerewe mu muryango umwe kabone n’iyo baba batarahavukiye.

Ibi bireba kandi abanyamahanga bafitanye isano bashakanye bazimukira muri Suède mu bihe bizaza. Na bo ntibazigera bafatwa nk’umuryango wasezeranye.

Ababyara bari bamerewe kubana mu mu myaka myinshi ishize muri Suède. Mu 1844 muri iki gihugu habaye impinduka aho cyakuyeho ibyo gusaba uruhushya ababyara bashaka kubana bagombaga gusaba ibwami ngo bashakane, bigirwa ibintu byemewe.

Nubwo kubana kw’abafitanye isano bishobora gukururira ibyago abo bazabyara, ntabwo ari byo byinanzweho muri Suède kugira ngo bicibwe.

Icyari kigambiriwe cyane ni uguhangana n’abashakana ari bato, ikandamizwa rya bamwe bitwaje ko bagira icyo bapfana n’ibindi.

Suède yaciye ibyo gushakana kw’abafitanye isano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages