00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bubiligi: Yatawe muri yombi azira kumena amazirantoki ku bagenzi

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 13 January 2024 saa 07:27
Yasuwe :

Polisi y’Umujyi wa Bruxelles mu Bubiligi yataye muri yombi umusore wiyita Yanike ku mbuga nkoranyambaga azira gutangira abantu muri Gariyamoshi akabamenaho amazirantoki.

Inkuru dukesha Politico ivuga ko uyu musore yatawe muri yombi na Polisi y’Umujyi wa Bruxelles nyuma yo kwifata amashusho ari gukora icyo gikorwa akayatambutsa ku muyoboro wa YouTube asanzwe yifashisha anyuzaho amashusho.

Uyu musore ngo si bwa mbere yari akoze ayo mahano, kuko mu Ugushyingo 2023, nabwo hari abo yatangiriye abasukaho amazirantoki y’imbwa avanze n’amavuta.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Umujyi wa Bruxelles yatangaje ko uyu musore watawe muri yombi, yari amaze kubigira umuco akabikora agamije kongera umubare w’abareba ibikorwa n’ibiganiro bye kuri YouTube.

Umusore wiyita Yanike ku mbuga nkoranyambaga yatawe muri yombi, azira kumena amazirantoki ku bantu
Ubwo yamenaga amazirantoki ku bagenzi muri Gariyamoshi
Nubwo isura y'uyu musore itagaragara neza, Polisi yabashije kumumenya imuta muri yombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages