Ni umwanzuro wafashwe ku wa 17 Gashyantare 2026 aho urukiko rwemeje ko uyu mugabo yajyaga afata amafoto y’abagore batabizi barimo abakora muri sena yarangiza akayabika.
Mu 2023 ni bwo uyu mugabo yafashwe ubwo abakozi bakorana babonaga ‘hard drive’ iriho amafoto arenga 1800 y’ubwambure bw’abagore bigaragara ko yagiye afatirwa mu ruhame nko mu muhanda ndetse no mu nteko ishinga amategeko.
Ayo mafoto agaragaza bimwe mu bice by’ibanga by’abakobwa nk’ikibuno, umuntu wambaye akenda k’imbere, bigaragara ko yabaga yafashwe abagore bambaye ijipo.
Muri ayo mafoto kandi harimo n’andi y’uwahoze akundana na Sébastien G. aho yari yambaye ubusa aryamye mu nzu y’uyu mugabo.
Bikimenyekana yahise aregerwa sena ndetse ajyanwa no mu rukiko aho yaje no kwirukanwa muri sena.
Mu rukiko Sébastien G. yisobanuye avuga ko atari agamije kugira uwo ahohotera ahubwo yumvaga ashaka gukusanya amafoto yerekana ubwiza bw’abagore.
Uyu mugabo yaciwe muri sena ndetse asabirwa ko bamujyana mu baganga bazobereye mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!