Gutandukanya imitwe y’aba bana byamaze amasaha asaga 36, bikorwa n’abaganga 40 ndetse n’ababafasha 20.
Iki gikorwa cyo gutandukanya aba bana cyabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru.
Kuvuka gutya kuboneka gake cyane mu bana bakivuka kuko biboneka rimwe mu mbyaro miliyoni ebyiri n’igice nk’uko Yahoo ibitangaza.
Ibitaro byasohoye itangazo bishima umuhate abaganga bagaragaje bita kuri izo mpanga, kuko ngo bitari gushoboka iyo hataba ubufasha bwabo.
Umwe mu baganga batandukanyije aba bana yavuze ko icyabagoye cyane ari ugusubiranya imyenge yasigaye bamaze kubatandukanya.
Manesh Singhal yagize ati “Akazi kari gakomeye tumaze kubatandukanya kwari ugushaka uruhu rwo gutwikiriza ahari ubwonko bw’abo bana kuko hari hasigaye imyenge nyuma yo kubatandukanya.”
Aba bavukiye mu ntara ya Edisha iherereye mu burasirazuba bw’u Buhinde basangiye imitsi y’amaraso ndetse na tumwe mu duce tw’ubwonko.
Singhal yavuze ko igisigaye ari ugukurikirana abo bana aho babazwe hagasubirana neza. Ubusanzwe amahirwe yo kubaho ku bana bavutse gutya abari hagati ya 5 na 25 %.



















TANGA IGITEKEREZO