00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buholandi: Bwa mbere umwana uri munsi y’imyaka 12 yahuhuwe n’abaganga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 June 2026 saa 03:38
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubuzima mu Buholandi, Sophie Hermans, yatangaje ko abaganga bo muri iki gihugu baherutse gufata icyemezo cyo guhuhura umwana uri munsi y’imyaka 12 kubera uburwayi bukomeye yari afite.

Mu gushyira mu bikorwa iki cyemezo hashingiwe ku mabwiriza yasohotse mu 2024 yemerera abaganga bo mu Buholandi gutanga serivisi yo guhuhura abana barwaye cyane ariko bari munsi y’imyaka 12. Iyi serivisi yari isanzwe itangwa ku mpinja zikivuka ndetse n’abari bari hejuru y’imyaka 12.

Mu ibaruwa Minisitiri Hermans yoherereje Inteko Ishinga Amategeko y’u Buholandi yavuze ko uyu mwana yahuhuwe mu mpera z’umwaka ushize.

Mu 2002 u Buholandi bwabaye igihugu cya mbere ku Isi cyemeje mu mategeko ibijyanye no guhuhura abarwayi. Mu 2025 hahuhuwe abarwayi barenga 10.000, bari bihariye 6% by’impfu zose zabayeho muri uwo mwaka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages