00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubwoko bw’isabune ukoresha bushobora kukubera intandaro yo kurumwa n’imibu

Yanditswe na Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 11 May 2023 saa 09:13
Yasuwe :

Ushobora kuba uhora utaka uvuga ko imibu ikwibasira kandi bagenzi bawe badakunda guhura n’icyo kibazo, ukibaza impamvu yabyo bikagushobera. Ubushakashatsi bwagaragaje ko impumuro zimwe na zimwe z’ibinyabutabire bikoreshwa hatunganywa isabune, zishobora kuba intandaro yo gukururira umuntu kurumwa n’udusimba.

Ubu bushakashatsi bwakozwe n’inzobere zo muri Kaminuza ya Virginia Tech, bwagaragaje ko impumuro runaka y’umwimerere y’abantu ubwabo cyangwa se ubwoko bw’isabune bakoresha, byombi bishobora gutuma bamwe bakunda kurumwa n’imibu cyangwa utundi dusimba mu gihe abandi impumuro y’imibiri yabo ishobora kutwirukana.

Mu kubukora hifashishijwe abakorerabushake bane, bakoresha ubwoko bune butandukanye bw’isabune.

Ubu bushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru iScience ku wa Gatatu w’iki cyumweru, aho abashakashatsi basanze ubwoko bw’isabune nka Dial, Dove, Native na Simple Truth bwaragiye bukora ku mubiri w’umuntu mu buryo butanga impumuro zitandukanye.

Bamwe mu bakorerwagaho ubushakashatsi, impumuro y’umwimerere y’imibiri yabo yagiye igaragarwaho kwirukana imibu ugereranyije n’abandi ariko mu gihe bakoresheje isabune runaka ugasanga bimwe byo kuba imibiri yabo yabashaga kwirukana imibu ntibikiri gukora ahubwo byabakururiye kurumwa na yo.

Ubushakashatsi bwasohotse umwaka ushize, bwari bwagaragaje ko hari abantu bafite imibiri imeze nka rukuruzi ku mibu, bitewe n’ibinyabutabire imibiri yabo isohora. Ni ubushakashatsi bwari bwageragerejwe ku bantu hifashishijwe imibu y’ingore kubera ko ari yo izwiho kurumana ishaka kunywa amaraso.

Gukaraba ubwoko bw’isabune ya Dove na Simple Truth, byagaragaweho gukururira bamwe kurumwa n’imibu ugereranyije n’ababa bakoresheje ubundi bwoko bw’amasabune nka Native bwo butuma iyo mibu itaruma umuntu.

Clement Vinauger wanditse ibyavuye mu bushakashatsi, yavuze ko “byagaragaye ko umuntu usanzwe akunda kurumwa n’imibu akaraba isabune runaka, imibu ikarushaho kumwibasira ariko yahindura ubwoko bw’iyo sabune bikamufasha kutarumwa nayo.”

Avuga ko isabune runaka ishobora gufasha umuntu runaka kuba atarumwa n’imibu ariko undi yabigerageza ntibikunde bitewe n’umubiri we.

Itsinda ryakoze ubushakashatsi riteganya gukora ubundi bwisumbuye hageragezwa ubundi bwoko butandukanye bw’amasabune kugira ngo abantu benshi bagende barushaho kumenya izajyana n’uruhu rwabo mu guhashya imibu izwiho gutera indwara nka Zika, West Nile, Chikungunya, Dengue na Malaria.

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), igaragaza ko buri mwaka abagera ku bihumbi 725 bahitanwa n’indwara ziterwa n’umubu aho muri bo abagera ku bihumbi 600 bicwa na Malaria.

Ubwoko bw’isabune ukoresha bushobora kuba intandaro yo kurumwa n’imibu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages