00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Abagabo bakize Ebola bategetswe kudatera akabariro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 31 May 2026 saa 09:08
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yasabye abagabo bakize Ebola kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina, nibura mu gihe kingana n’amezi atandatu, cyangwa bagakoresha udukingirizo na bwo mu buryo buhoraho.

Uganda ni kimwe mu bihugu byagaragayemo icyorezo cya Ebola, kuko ku wa 29 Gicurasi 2026 umubare w’abamaze kwandura wari 9.

Mu gushyiraho ingamba zo guhashya iki cyorezo, Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X, yasabye abagabo bakize Ebola kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina nyuma y’uko bakize, nibura mu gihe kingana n’amezi atandatu, cyangwa bagakoresha udukingirizo mu buryo buhoraho kandi buboneye.

Ibi bikaba ari ukubera ko virusi itera Ebola ishobora kuguma mu masohoro y’umugabo nubwo yaba yarakize, bityo akaba yakwanduza uwo bakoranye icyo gikorwa.

Ibi benshi mu bagabo bo muri Uganda babyamaganiye kure bavuga ko bisa n’ibidashoboka, gusa Minisiteri y’Ubuzima ibasubiza ivuga ko atari itegeko, ariko kandi ko kwirinda biruta kwivuza.

Abagabo bo muri Uganda bakize Ebola basabwe kudatera akabariro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages