Kasolo yavuze ko Perezida Museveni hamwe n’ishyaka riri ku butegetsi bashyizeho ingamba nyinshi zigamije kurandura ubukene nyamara kugeza uyu munsi abakene bakaba bakiri benshi.
Ati “Mu gihe kiri imbere guverinoma ikwiye gushyiraho itegeko ryemeza ko abanebwe b’abakene bazajya bahatwa inkoni kugira ngo bige uko bahinduka abakire kuko twasanze bamwe mu Banya-Uganda ari ngombwa ko basunikwa mu nzira ibaganisha ku bukungu.”
Ni amagambo yavugiye mu Karere ka Kayunga, ubwo yagirana ibiganiro n’abanyamuryango b’ikigo cy’imari iciriritse (SACCO) kigiye gufungurwa ku mugaragaro, abashishikariza kugira umuco wo kuzigama nk’uko inkuru ya Daily Monitor ibivuga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!