00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uburyo bwiza bwo guhakanira abaguha inshingano z’ikirenga

Yanditswe na Léana Bisa
Kuya 8 July 2022 saa 02:57
Yasuwe :

Bitewe n’akazi umuntu akora, birashoboka ko bamuha gukora ibintu byinshi cyane kandi byikurikiranya ugasanga yisanze ari gukora akazi karengeje ako yagombaga gukora mu masaha menshi y’ikirenga.

Mu buzima hari abantu badashobora guhakanira umuntu, uko byagenda kose icyo umusabye cyose akavuga yego cyane ko niba ari umukoresha we bigoye kumuhakanira.

Ni ha handi yisanga yemereye abantu gukora byinshi ariko ntabashe kubirangiza byose akisanga mu makosa kandi yagerageje gukora ibyo yasabwe byose.

Niba nawe bijya bikubaho ukabona utazi uburyo bwo guhakanira umuntu mukorana cyangwa se umukoresha wawe mu buryo butari bwumvikane nabi, dore uko wabigenza.

Gufata umwanya ugasobanukirwa ibyo uri gusabwa

Hari igihe umukoresha wawe cyangwa se uwo mukorana ashobora kuza akakubwira ko akeneye ko umufasha ikintu runaka, nawe ugafatiraho ugahita ubyemera utabanje gufata umwanya ngo wumve neza icyo bari kugusaba.

Ushobora kudahita uhakana ahubwo ugasaba umwanya wo kubanza gusobanukirwa neza akazi ako ari ko mbere yo kwemerera umuntu gukora ibyo utazi ko uri bubonere umwanya.

Gusobanura impamvu wumva ko utabishoboye

Mu gihe ari ibintu byihutirwa by’akazi biba byiza guhita umenyesha impamvu ikintu kitari bukorwe vuba cyangwa se impamvu kitari bukorwe, mbere yo kugira ngo akazi gapfe utavuze.

Mu gihe ubona ko bitari bukunde, ni byiza guhita uvuga impamvu wumva ko utari bubishobore hakiri kare kandi ukabisobanura neza kugira ngo byumvikane.

Kwerekana ubundi buryo byakorwa

Mu gihe ubona ko ikintu utari bukibonere umwanya, byaba byiza kwerekana izindi nzira byakorwamo, ushobora kuvuga ikindi gihe wabonera umwanya cyangwa se undi muntu wabasha kubikora kandi akabikorera mu gihe.

Ushobora no kwerekana uburyo wakora bimwe ibindi bikaza gukorwa n’abandi cyangwa ukaza kubikomeza nyuma kugira ngo akazi kose katakujya ku mutwe kandi utabibashije.

Guhakana mu buryo bwiza

Mu gihe umuntu aje kugusaba ubufasha runaka si ngombwa ko umubwira nabi cyangwa se ngo wicishe bugufi cyane ukabye, uburyo uhakanyemo ni ingenzi cyane kuko ni byo bishobora gutuma umuntu akumva neza.

Si byiza kugaragaza ko wishimiye guhakana ariko si byiza guca bugufi cyane kuko bishobora kwerekana ko bakomeje kugusaba ushobora kugera aho ukemera.

Uko wahakanira umukoresha wawe aguhaye akazi kenshi utari bubashe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages