Financial Times yatangaje ko uwo musaza yoherejwe mu Budage, aho izindi ngabo z’icyo gihugu zigiye gutorezwa.
Bivugwa ko uwo musaza ari umukorerabushake ushaka gufasha igihugu cye guhangana n’igisirikare cy’u Burusiya bamaze umwaka n’igice bahanganye.
Abasirikare b’abadage bashinzwe gutoza ingabo za Ukraine, bagaragaje ko binubira uburyo ingabo za Ukraine zihitamo kohereza abantu bakuze mu myitozo mu gihe abakiri bato bagumishwa ku rugamba.
Abasesenguzi bavuga ko biterwa n’uko imyitozo abanyaburayi baha ingabo za Ukraine, nta kidasanzwe ihindura ku rugamba bityo Ukraine ikabona kohereza abakiri bato benshi ari uguta umwanya.
Aba basirikare bakuze kandi, abashinzwe imyitozo mu Budage bavuga bibagora kubahugura kuko bumva ko bazi byinshi kuko abenshi barwanye mu gihe cy’intambara y’ubutita.
Ikindi kibazo ni inyito zitandukanye z’ibikoresho bya gisirikare kuko ingabo za Ukraine byinshi zikoresha byakozwe n’abarusiya, mu gihe iby’abanyaburayi biba bifite inyito n’imikorere yabyo. Ururimi narwo rwagaragajwe nk’indi mbogamizi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!