Muri iyo myaka yose uko ari 50, umuryango we ntiwigeze umenya agakuru ke kugeza ku wa 14 Nzeri 2023.
Daily Nation yatangaje ko yasubiye iwabo agasanga amasambu ye yratwawe n’abandi bibwira ko yapfuye.
Uwo mukambwe yavuze ko icyatumye amara iyo myaka yose atarasubira ku ivuko ari uko yashakaga guhungira kure amakimbirane n’abo mu muryango we barimo umuhungu bavukanaga kugeza ubu wamaze gupfa.
Mu gihe cyose umuryango wamaze umushakisha ngo yabaga mu Mujyi wa Mombasa mu rugo rw’umunyamahanga.
Yagize ati “Ni jye wari ushinzwe ibyo muri urwo rugo kandi nari merewe neza i Mombasa kurusha uko byari bimeze iwacu Homa Bay.”
Iyi nkuru ivuga ko mu bantu bagejeje ku myaka 60 muri ako gace nta wigeze abasha kumumenya ubwo yahasubiraga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!