00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugore umwe kuri batatu bakorerwa ivangura mu kazi

Yanditswe na

Francine Umutesi

Kuya 9 December 2015 saa 08:11
Yasuwe :

Hashingiwe ku bipimo byakozwe n’Ishyirahamwe rirengera uburenganzira bw’ikiremwamuntu ’Les Amazones’ bigaragaza ko nibura umugore umwe kuri batatu akorerwa ivangura rishingiye ku bubasha ahabwa mu kazi.

Mu bagabo n’abagore bagera ku 1092 babajijwe muri iyi nyigo, abagore 29% bavuze ko kuba umugore bifatwa nk’inzitizi mu kazi naho abagabo bo bakavuga ko kuba umugabo ari amahirwe mu kazi ako ariko kose.

Muri iyi nyigo kandi, abagabo n’abagore barenga kimwe cya gatatu, ni ukuvuga abagore 37% n’abagabo 35%, berekanye ko mu gihe cyo gutanga akazi abagore badahabwa amahirwe angana n’ay’abagabo.

Ikinyamakuru Le Soir kigaragazako ku bijyanye n’ikiruhuko cyo kubyara gihabwa abagore (congé de maternité), abagabo 4 ku 10 bakoreweho ubushakashatsi bemeje ko ikiruhuko cy’ibyumweru 15 bihabwa umugore wabyaye bihagije, naho abagore 26% bo bakagaragaza ko iyo icyo gihe bahabwa gihagije ku mugore wabyaye.

Ubusanzwe iyo umugore yabyaye, umugabo we cyangwa undi babyaranye ahabwa iminsi runaka yo kumwitaho.

Ku kiruhuko gihabwa abagabo iyo abagore babo babyaye hari ikinyuranyo: Abagabo 35% bakoreweho iyi nyigo bagaragaje ko iminsi 10 itangwa ku mugabo ngo yite kuri mugenzi we ihagije, naho abagore 33% bo bagaragaje ko umwe mu bashakanye yari akwiye nawe guhabwa iminsi ingana n’iyo uwitabwaho ahabwa.

Umugore umw kuri batatu akorerwa ivangura mu kazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages