00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugore munini ku Isi amaze gutakaza ibiro 100 mu kwezi kumwe

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 10 March 2017 saa 08:55
Yasuwe :

Nyuma y’ukwezi agiye kuvurirwa mu Buhinde, Umunya-Misiri Eman Ahmed Abd El Aty, wari ufite ibiro 500 ndetse akaba ariwe ufatwa nk’umugore wa mbere munini ku isi, amaze gutakaza ibiro bigera 100.

El Aty w’imyaka 37, amaze gutakaza ibiro 100 mu gihe gito biturutse ku kubagwa no gufata indyo igizwe n’ibisukika gusa. Yaherukaga kuva iwabo mu rugo afite imyaka 25, uyu mubyibuho ukabije yawutewe n’uburwayi butuma abyimba ibice bimwe na bimwe by’umubiri (Elephantias).

Umwe mu bari kumwitaho waganiriye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP yavuze ko ku itariki ya 7 Werurwe 2017, aribwo yabazwe agakurwaho igice kinini cy’igifu. Iki gikorwa cyabereye mu bitaro bya Saifee mu Mujyi wa Mombay.

Nubwo igikorwa cyo kumubaga cyagenze neza ariko, kugira ngo yongere agire ubuzima bwiza, biramusaba guhabwa ubufasha butuma umubiri we wongera gukomera, mu gihe cy’amezi menshi.

Eman Ahmed Abd El Aty kandi azakomeza gufatwa nk’umugore munini ku isi kuko agifite ibiro byinshi ugereranyije n’Umunyamerikakazi Pauline Potter wapimaga 293 muri Nyakanga 2016 , bigatuma ashyirwa mu Gitabo cy’abaciye uduhigo.

Uyu mugore amaze gutakaza ibiro 100 mu kwezi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages