00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunsi ingagi zo mu Birunga zitegura umutego wa ba rushimusi

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 9 July 2025 saa 12:34
Yasuwe :

Abantu benshi bafata inyamaswa zo mu ishyamba nk’izitagira ubwenge ariko ingagi zo muri Pariki y’Ibirunga zeretse ba rushimusi ko atari agafu k’imvugwarimwe ubwo zateguraga imitego yabo.

Imyaka 13 irashizwe ingagi zo muri Pariki y’Ibirunga zerekanye ko zishobora gukora ibishoboka ngo zibesheho, zirinda kugwa mu mitego itandukanye ishobora kuzica.

Mu 2012 Pariki y’Ibirunga yari yaribasiwe na ba rushimusi bahigaga inyamaswa gusa mu zahigwaga ingagi ntizarimo kuko babaga bishakira inyamaswa nto zo kurya nk’impongo n’izindi.

Icyo gihe ba rushimusi bafataga igiti nk’umugano bakakigonda cyane ku buryo cyegera ubutaka barangiza bakakizirika umugozi ku mpera z’uwo mugozi bagasiga ipfundo rinini rirambitse hasi, ahandi bagashyiraho ibuye cyangwa inkoni ituma cya giti bagonze kitihinura.

Uyu mutego iyo inyamanswa iwukandagiye rya buye rivaho cya giti bagonze kigasubira mu mwanya wacyo ibituma rya pfundo ryifunga rigakomera, bivuze ko igice cy’inyamanswa cyakandagiye muri wa mugozi kiba kitakibashije kwikuramo, ibiteza irupfu cyangwa gukomereka bikabije kuri iyo nyamaswa.

Iyi mitego rero nubwo ba rushimusi batabaga bateze ingagi na zo zajyaga ziyigwamo dore ko muri icyo gihe ingagi yitwa Ngwino yawuguyemo ndetse biyiviramo urupfu.

Ibi rero ingagi zabiciye iryera zibyigira imitwe kugira ngo iyo mitego itazazimara dore ko iyo mitego yafataga ingagi zikiri nto kuko inkuru zo zabashaga kuyikuramo.

Muri Nyakanga 2012 ubwo abashinzwe kwita ku ngagi ndetse n’itsinda ry’abakerarugendo barimo batembera mu birunga babonye umutego hafi y’umuryango wa Kuryama gusa bose batungurwa n’ibyo ingagi zawukoreye.

Dukore na Rwema ni ingago icyo gihe zari zifite myaka ine, zabonye uwo mutego maze imwe isimbukira cya giti baba bagonze irakivuna, indi nayo ijya guhambura umugozi irawuca.

Si ibyo gusa zabonye n’undi mutego hafi aho, indi ngagi yitwa Tetero iri mu kigero cy’imyaka 10 nayo yawubonye zifatanyije nawo zirawutegura.

Umujyanama Mukuru mu Kigega Dian Fossey Gorilla, Veronica Vacellio, wari mu babonye ibyabaye yabwiye National Geographics ko akurikije uburyo izo ngagi zateguye iyo mitego byagaragaraga ko atari ubwa mbere zari zibikoze.

Yagize ati “Zari ziyezeye cyane kuburyo zabonye icyo zigomba gukora zikagikora vuba, ubundi ziragenda.”

Vacellio akomeza avuga ko batigeze batoza izi ngagi na rimwe kuko bakora uko bashoboye ngo zibeho mu buryo bwazo nta bikorwa bya kimuntu ziganye.

Ingagi zo mu Birunga zatangaje benshi ubwo zateguraga imitego ya ba rushimusi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages