00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyamakuru wa Radio 10 yaririye ’kawunga’ muri studio yishimira intsinzi ya Arsenal FC

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 18 October 2022 saa 02:38
Yasuwe :

Umunyamakuru wa Radio/TV 10, Mugenzi Faustin uzwi nka ‘Faustin Simbigarukaho’ yatunguranye yogeza igitego cya Arsenal FC arya kawunga muri Studio.

Ku Cyumweru, tariki ya 16 Ukwakira 2022, ni bwo Mugenzi yatunguranye yogeza igitego cya Bukayo Saka cyafashije Arsenal FC gutsinda Leeds United muri Shampiyona y’u Bwongereza, Premier League.

Igitego kikimara kwinjira mu izamu, Mugenzi yiyegereje isahani yari iriho kawunga, arayikata atangira kuyirya ayirumanze.

Uyu musore yafataga kawunga agakoza ku kirangantego cya Arsenal FC cyari ku mwambaro wayo yari yambaye hanyuma akamira, agahita yiyamira kumwe babigenza iyo igitego kigiyemo.

Nyuma y’akanya gato yongeraga gukata kawunga, agakoza ku magambo ya Visit Rwanda ari ku kuboko k’umupira wa Arsenal FC akongera agatamira.

Aba anyuzamo akavuga amagambo ashimangira ko Arsenal FC iryoshye cyane.

Mu kiganiro yahaye IGIHE, Mugenzi yavuze ko ibi abikora mu rwego rwo guhanga udushya mu kazi ke.

Yagize ati “Ibi mbikora mu rwego rwo gushaka ikindi mpa abantu nyuma yo kubagezaho umupira. Turi mu 2022 aho imbuga nkoranyambaga zikoreshwa cyane. Ni muri urwo rwego nabikozemo.”

Yakomeje avuga ko kawunga yitwaje muri studio yayikuye iwe mu rugo, aho yayiteguriye.

Yagize ati “Ni ibintu mba napanze nashakaga kubikora ku mukino wa Arsenal FC na Liverpool FC ariko ntibyakunda. Kawunga nayikuye mu rugo.”

Abajijwe ku bavuga ko bidakwiye ndetse ko ari ukwica umwuga, Mugenzi yavuze ko ibyo yakoze ari ibintu bisanzwe kandi nta nka yacitse amabere.

Yagize ati “Ni ibintu bisanzwe bibaho n’ahandi. Mu 2015 kuri Televiziyo ya Super Sports, Samuel Kuffour yari yavuze ko Ghana itsinda Côte d’Ivoire ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika birangira itsinzwe. Mugenzi we Robert Marawa yamwogosheye muri studio ako kanya.’’

Mugenzi yavuze ko abatekereje ko yabikoreshejwe n’amarangamutima agirira Arsenal FC atari byo kuko adasanzwe ari umufana wayo.

Ati “Oya ntabwo ndi umufana wa Arsenal FC, nabikoze mu rwego rwo kwifatanya na yo nk’ikipe iri kwitwara neza kandi ifite abafana benshi mu Rwanda. Ahubwo igitangaje ni ubwa mbere nari nambaye umwambaro wayo.”

Mugenzi yakomeje avuga ko ari Arsenal FC yatangiye neza uyu mwaka ariko bigoye kwemeza ko yazatwara igikombe cya shampiyona iheruka mu myaka 18 ishize.

Yagize ati “Gutwara igikombe bisaba ibintu byinshi mbona ishobora kuzagorwa n’umubare muke w’abakinnyi ifite ndetse no kuba umutoza wayo Arteta icyo gikombe ntacyo azi. Indi mbogamizi ikomeye ni Igikombe cy’Isi nta wamenya ibizavamo, ishobora kuvunikisha abakinnyi bikagorana. Uyu mwaka ishobora kuzatanga akazi gusa izaza mu makipe ane ya mbere.”

Si ubwa mbere Mugenzi agaragayeho udushya mu kazi ke k’itangazamakuru kuko hari igihe yogoshewe muri studio. Icyo gihe yari yavuze ko Manchester United itsinda Manchester City birangira itsinzwe, Jado Max bakoranaga yamwogosheye muri studio.

Mugenzi Faustin yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda birimo Radio Authentic, Contact Fm, Isango star na Radio/Tv10.

Umunyamakuru wa Radio/TV 10, Mugenzi Faustin ‘Faustinho Simbigarukaho’, yajyanye kawunga muri studio
Arsenal FC imaze gutsinda igitego, yafashe kawunga ayikoza ku kirango cy'iyi kipe
Ndetse no ku magambo ya Visit Rwanda, arakamira mu kogeza igitego rukumbi cyayihesheje intsinzi
Mugenzi Faustin azwiho udushya mu kogeza imikino itandukanye y'i Burayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages