00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusogongezi yareze uruganda rwamuhatiye kunywa inzoga nyinshi

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 18 June 2025 saa 01:43
Yasuwe :

Uwahoze ari umukozi w’uruganda rwenga inzoga muri Brazil, Ambev, yarujyanye mu nkiko arushinja ko igihe yarukoreraga, yategetswe kunywa inzoga nyinshi aho ku munsi yanywaga izingana na litiro enye mu rwego rwo gusuzuma ubuziranenge bwazo, ibyatumye abatwa nazo.

Uyu mugabo utigeze utangazwa amazina, yakoreye uru ruganda igihe kinini aho yari ashinzwe kwenga inzoga ndetse akuriye abandi. Mu nshingano ze harimo no kugenzura ubuziranenge bwazo mbere yo kuzishyira mu macupa.

Mu kirego yatanze mu Rukiko rushinzwe gukurikirana ibirego bijyanye n’umurimo muri Brazil, yagaragaje ko yatangiye aka kazi mu 1976 afite imyaka 26. Icyo gihe ngo nta burambe yari afite muri aka kazi kandi nta wamuburiye ku ngaruka zo gusogongera akarenza urugero.

Bityo ngo uyu mugabo yaranywaga akiyongeza, birangiza ingano y’inzoga nyinshi anywa imuhinduye imbata yazo, kunywa nke bitangira kumugora. Mu gihe yari muri aka kazi, uyu mugabo ntiyigeze asuzumwa, kugira ngo harebwe uburyo ubuzima bwe buhagaze.

Gusa ubuyobozi bw’uru ruganda bwavuze ko mu nshingano z’umusogongezi hatarimo kunywa izirengeje urugero, bityo ngo uru ruganda ntacyo rukwiriye kubazwa.

Ikindi ngo uyu mugabo yari afite uburambe mu kazi, ku buryo byari bushoboke ko yari kujya amenya ingano y’inzoga anywa, zikaba zihagije kugira ngo yuzuze inshingano ze.

Urukiko rwaje gufata icyemezo cyo kwanga ikirego cy’uyu mugabo, cyane ko ibimenyetso bishimangira ikibazo cyo kunywa inzoga zikabije cyatangiye kwibasira uyu mugabo amaze gusezera muri aka kazi.

Umusogongezi yareze uruganda rwamuhatiye kunywa inzoga nyinshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages