Mu mpera z’iki Cyumweru, yagaragaye ari ku ifarashi y’imyaka 14 ari gutembera mu busitani bw’ibwami bwitwa Windsor Home Park. Yari yambaye igitambaro mu mutwe kimukingira umuyaga.
Umwamikazi w’u Bwongereza ni umufana ukomeye w’imikino yo kwirukanka ku mafarashi, ari nayo mpamvu akunda kugaragara ari ku ifarashi. Muri aka gace yarimo, ni naho yizihirije isabukuru ye y’imyaka 94 ku wa 21 Mata ubwo ingamba zo kuguma mu rugo zari zarakajijwe cyane.
Mu muryango w’ibwami, usibye igikomangoma Charles cyanduye icyorezo cya Coronavirus muri Mata uyu mwaka, nta wundi muntu wigeze urwara COVID-19.
U Bwongereza ni igihugu cya gatanu cyibasiwe cyane n’icyorezo cya Coronavirus aho kugeza ubu gifite abantu 274762 banduye naho abapfuye bakaba ari 38489.



















TANGA IGITEKEREZO