Yabivuze mu ijambo ry’umwaka aho yasobanuye ko azava ku ngoma ku wa 14 Mutarama 2024 ubwo azaba yizihiza imyaka 52 ari ku ngoma.
Umwamikazi Margrethe, yagiye ku ngoma ku wa 14 Mutarama 1972 nyuma y’urupfu rwa se, Frederik IX.
Yagize ati “Nafashe umwanzuro ko igihe gikwiye kigeze. Ku wa 14 Mutarama 2024, imyaka 52 nyuma yo gusimbura data, nzegura nk’Umwami wa Danemark. Ingoma nzayisigira umuhungu wanjye, Prince Frederik.”
Minisitiri w’Intebe wa Danemark, Mette Frederiksen, yashimiye Umwamikazi ku bw’ibikorwa bye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!