Sheila O’Leary, w’imyaka 39, yahamije n’Urukiko rw’i Florida icyaha Cyo kwica abigambiriye, guhohotera umwana ndetse no kutita ku mwana.
Abashinjacyaha bavuze ko umwana we w’umuhungu witwa Ezra yari afite ikibazo cy’imirire mibi ikabije akaba yari afite ibiro birindwi gusa ubwo yitabaga Imana muri Nzeri 2019.
O’Leary n’umugabo we w’imyaka 33, Ryan O’Leary, babwiye Polisi ko bagaburira abana babo indyo igizwe n’imbuto n’imboga gusa. Bongeraho ko Ezra we yonkaga.
Uretse uyu witabye Imana, n’abandi bana batatu bo muri uyu muryango harimo uw’umwaka umwe, uw’imyaka itanu ndetse n’ ufite imyaka 11 bari bafite ibibazo by’imirire mibi, kutitabwaho no guhohoterwa.
O’Leary yakatiwe nyuma y’umwiherero w’amasaha atatu hagati y’abagize urukiko rw’i Florida. Uru rubanza rukaba rwaramaze iminsi itanu.
Mu gihe cy’urubanza, abashinjacyaha bavuze mu rukiko ko uyu mubyeyi yirengagizaga kurira k’umwana we.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!