Abanya-Venezuela baba biteze ko ukererwaho nibura iminota 15 kandi kubahiriza igihe bifatwa nk’aho ufite amashyushyu menshi.
Uyu muco uzwi nka “La hora Venezulana” cyangwa isaha y’inya-Venezuela mu Kinyarwanda, washinze imizi muri iki gihugu kandi ufatwa nk’uburyo bwo kwereka uwagutumiye ko umwubaha kandi wamuhaye umwanya uhagije wo kukwitegura.
Iyo Umunya-Venezuela afite ibirori, cyangwa ikindi gikorwa gihuza abantu akubwira isaha nyirizina mugomba guhuriraho ariko aba yiteze ko uri buhagere ukerewe. Ibi bijya bijijisha abantu bakuriye mu bihugu aho kubahiriza igihe bihabwa agaciro kenshi.
N’ubwo bimeze bityo ariko, uyu muco ntukunda gukurikizwa mu bijyanye n’akazi kuko nk’abagiye gukora ikizamini cy’akazi n’inama baba bagomba kuhagerera ku gihe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!