00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yabonye ugura ubusugi bwe kuri miliyari hafi ebyiri z’amanyarwanda

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 10 December 2016 saa 01:48
Yasuwe :

Umukobwa w’imyaka 18 w’Umunya-Roumania wiswe Aleexandra Kheefren, ariko ubusanzwe witwa Oana Raducu , aherutse gushyira itangazo kuri internet avuga ko arimo kugurisha ubusugi bwe ku giciro cya miliyoni imwe y’amayero ni ukuvuga asaga miliyoni 800 mu manyarwanda.

Uyu mukobwa yongeye kugaragara kuri televiziyo yo muri Amerika, avuga ko yamaze kubona umukiliya w’umunyemari uzamugura miliyoni ebyiri z’amayero, hafi miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

Aleexandra arimo gushaka umukiliya w’ubusugi bwe abifashijwemo n’ikigo cyo mu Budage, Cinderella Escorts, kizafata 20% by’igiciro azagurwa. Ubwo busugi bukaba bwarashyizwe ku isoko kugeza muri Gashyantare umwaka utaha.

Ikigo Cinderella na Aleexandra ubwe bavuga ko kugura bizabera mu Budage, umuguzi akazahitamo imwe mu mahoteli yo muri icyo gihugu hanyuma Aleexandra akayimusuramo ijoro ryose.

Aleexandra yabwiye Daily Mail ati “Tuzajya muri hotel mu Budage, dufate ifunguro rya nijoro, ubundi bibeho. Mfite amatsiko yo kumva uko imibonano mpuzabitsina imera, sindabigerageza, sinzi uko bimera.”

Kugeza ubu hari icyizeye cyo kuzabona abaguzi benshi batanga andi mayero arenze miliyoni ebyiri, bisobanuye ko uzatanga igiciro kiri hejuru niwe uzamwegukana.

Ababyeyi ba Aleexandra bamuteye ubwoba bamubwira ko nakomeza kwigurisha gutyo bazamuca mu muryango, gusa we ntabikozwa avuga ko azakomeza uyu mugambi. Afite se w’umupolisi na nyina ukora muri farumasi.

Nyirarume Radu Raducu yatangaje ko bamwingize ngo abihagarike akababwira ko afite imyaka 18 kandi ashobora gukoresha umubiri we ibyo ashaka.

Mu kiganiro yagiranye na Holly Willoughby na Phillip Schofield bakorera televiziyo yo mu Bwongereza, ITV, Aleexandra yatangaje ko ashaka amafaranga azamufasha gutuma ababyeyi badakomeza kwirukanwa mu nzu ndetse yishyure Kaminuza.

Icyakora inshuti za hafi z’umuryango we zemeza ko uri muyinjiza amafaranga menshi muri Roumania bityo batazi niba koko bari mu bibazo by’ubukungu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages