Aba bana bane ba Vane Nyanchoka ni abahungu batatu yahaye amazina ya Raila Odinga n’umukobwa umwe yahaye amazina y’umugore wa Odinga.
Mu bahungu batatu umwe yitwa Raila, undi akitwa Amollo, mu gihe umuvandimwe wabo yitwa Odinga. Aya mazina yose ni aya Odinga.
Umukobwa we yamwise Ida, izina ry’umugore wa Raila Odinga.
Mu kiganiro yagiranye na Citizen Tv yo muri Kenya, Vane Nyanchoka, yavuze ko yafashe icyemezo cyo kwita abana be amazina ya Odinga kubera uburyo yamukundaga.
Yakomeje avuga ko yari yiteze kubyara abana batatu gusa, ariko yatunguwe no kubona abyabye bane, agaragaza ko uwo mwana amufata nk’umugisha ukomeye.
Ati “Ntabwo nari niteze kubyara abana bane, ibyo nabimenye nyuma y’uko nari mbyaye mbazwe kubera ko mbere yo kujya kubyara nari niteze kubyara abana batatu gusa.”
Nyanchoka wigeze kubyara impanga yahise agira abana batandatu muri rusange.
Umuvandimwe wa Nyanchoka witwa Everleen Ontweka, nawe yashimangiye ko aya mazina bayahisemo mu rwego rwo gukomeza guha icyubahiro intwari yabo Raila Odinga iheruka kwitaba Imana.
Raila yabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya, amara imyaka myinshi atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya. Yapfuye ku wa 15 Ukwakira nyuma yo guhagarara k’umutima ubwo yari agiye kwivuriza amaso mu Buhinde.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!