00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yakutse amenyo atwitswe n’itabi mu kanwa

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 18 January 2017 saa 12:00
Yasuwe :

Umugabo ukomoka muri leta ya Idaho imwe muzigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari mu gahinda yatewe no gukuka amenyo ubwo itabi rikozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga (electronic cigarette) ryamuturikiraga mu kanwa.

Nk’uko bigaragara mu mafoto yashyizwe hanze n’uyu mugabo witwa Andrew Hall, uretse kuba yakutse amenyo arindwi, yanagize ubushye bwamuteye udusebe duto duto.

Electronic cigarette, ni akuma k’ikoranabuhanga kohereza ibimeze nk’amazi mu kanwa biba bigizwe n’ibintu bitandukanye birimo nicotine, propylene glycol, glycerine; uyikoresha akurura umwuka uba wavuyemo ibyo bita Vaping.

Abantu benshi bakunze kugirwa inama yo gukoresha aka kuma bakunze kwita e-Cigarette, kuko ari bumwe mu buryo bwafasha kureka gutumura itabi risanzwe.

Inkuru dukesha 7Sur7 ivuga ko Hall wari umaze umwaka urenga akoresha electronic cigarette, yahise afata umwanzuro wo kuyirinda kuko yabonye ko ishobora kumukururira ibibazo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS ritangaza ko buri mwaka abasaga miliyoni esheshatu bahitanwa n’itabi, muri bo miliyoni eshanu bakaba ari abarinywa, abandi bakagirwaho ingaruka n’abaribanywereye iruhande.

Andrew Hall yahize yiyemeza kureka itabi
Usibye gutakaza amenyo arindwi, uyu mugabo yasigaranye n'ibisebe mu kanwa
Itabi rikoze mu buryo bw'ikoranabuhanga ryamuturikiye mu kanwa

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages