00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yashatse kugurisha umwana we kubera ko arira cyane

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 30 December 2013 saa 10:01
Yasuwe :

Umwongerezakazi yagerageje kugurisha kuri internet umwana we w’umuhungu w’amezi ane kubera ko arira, gusa polisi yaje kumutesha.
Uyu mugore w’imyaka 20 y’amavuko yashyize itangazo ku rubuga rwitwa Craiglist ku munsi wakurikiye Noheli, avuga ko agurishaga umwana we amayero ibihumbi 180, polisi n’abaturage bakaba baramutesheje atarabona ugura uwo mwana.
Urubuga rwa internet 7sur7 ruvuga ko uyu mugore wibana akaba afite n’undi mwana w’umuhungu w’imyaka ibiri, ngo yari yihebye yabuze uko (…)

Umwongerezakazi yagerageje kugurisha kuri internet umwana we w’umuhungu w’amezi ane kubera ko arira, gusa polisi yaje kumutesha.

Uyu mugore w’imyaka 20 y’amavuko yashyize itangazo ku rubuga rwitwa Craiglist ku munsi wakurikiye Noheli, avuga ko agurishaga umwana we amayero ibihumbi 180, polisi n’abaturage bakaba baramutesheje atarabona ugura uwo mwana.

Urubuga rwa internet 7sur7 ruvuga ko uyu mugore wibana akaba afite n’undi mwana w’umuhungu w’imyaka ibiri, ngo yari yihebye yabuze uko yarera abo bana. Amaze gutahurwa na polisi, yavuze ko yakoze icyo gikorwa kigayitse yikinira.

Uyu mugore udatangazwa amazina ye yagize ati: "Ni igikorwa kigayitse, sinari nzi ko abantu bari bugifate nk’ukuri, nkunda abahungu banjye, baranshimisha kandi nifuza ko nabo bishima; nabikoze nikinira!"

Mu itangazo uyu mugore yari yashyize kuri internet yari yavuze ko uyu mwana we w’amezi abiri azamugurishanya n’ibikoresho bye byose.

Abakoresha uru rubuga rwa internet bamubajije impamvu ashaka kugurisha umwana we, umugore akabasubiza ko ari ukubera ko arira cyane.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages