00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Umupasiteri wahanuye itariki Mugabe azapfiraho yatawe muri yombi

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 17 January 2017 saa 10:52
Yasuwe :

Polisi ya Zimbabwe yataye muri yombi umupasiteri uherutse guhanura ko Perezida Robert Mugabe uri hafi kuzuza imyaka 93 azitaba Imana mu Ukwakira 2017.

Mu cyumweru gishize nibwo Pasiteri Patrick Mugadza yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru maze atangaza ko Mugabe azitaba Imana tariki ya 17 Ukwakira 2017.

Gift Mtisi umwunganira mu mategeko yavuze ko Mugadza yatawe muri yombi ubwo yari ku rukiko rwa Harare aho yari yitabye ubucamanza ku byaha byo kwambara ibendera ry’igihugu.

Mtisi yabwiye RFI ko ubwo bari mu karuhuko, polisi yahise imuta muri yombi imushinja buriya buhanuzi, igikorwa gifatwa nko gutesha agaciro ubuyobozi no gutuka Umukuru w’Igihugu.

Si ubwa mbere Mugadza atawe muri yombi kuko mu 2015 yafunzwe ukwezi kose azira kubwira Mugabe ko abaturage babayeho nabi kubera ubutegetsi bwe.

Uyu mu pasiteri kandi yigeze kubwiriza aziritse ku cyuma cyariho itara mu iguriro riri mu Mujyi wa Harare avuga ko bishushanya uburyo nta bwisanzure buri muri Zimbabwe.

Perezida Robert Mugabe wavutse tariki 21 Gashyantare 1924, yatangiye kuyobora Zimbabwe kuva mu 1980 nyuma yo kubona ubwigenge.

Umupasiteri wahanuye itariki Mugabe azapfiraho yatawe muri yombi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages