Mu cyumweru gishize nibwo Pasiteri Patrick Mugadza yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru maze atangaza ko Mugabe azitaba Imana tariki ya 17 Ukwakira 2017.
Gift Mtisi umwunganira mu mategeko yavuze ko Mugadza yatawe muri yombi ubwo yari ku rukiko rwa Harare aho yari yitabye ubucamanza ku byaha byo kwambara ibendera ry’igihugu.
Mtisi yabwiye RFI ko ubwo bari mu karuhuko, polisi yahise imuta muri yombi imushinja buriya buhanuzi, igikorwa gifatwa nko gutesha agaciro ubuyobozi no gutuka Umukuru w’Igihugu.
Si ubwa mbere Mugadza atawe muri yombi kuko mu 2015 yafunzwe ukwezi kose azira kubwira Mugabe ko abaturage babayeho nabi kubera ubutegetsi bwe.
Uyu mu pasiteri kandi yigeze kubwiriza aziritse ku cyuma cyariho itara mu iguriro riri mu Mujyi wa Harare avuga ko bishushanya uburyo nta bwisanzure buri muri Zimbabwe.
Perezida Robert Mugabe wavutse tariki 21 Gashyantare 1924, yatangiye kuyobora Zimbabwe kuva mu 1980 nyuma yo kubona ubwigenge.



















TANGA IGITEKEREZO