00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Babatandukanijwe nyuma y’amezi 11 bafatanye

Yanditswe na

Teddy Kamanzi

Kuya 22 June 2012 saa 06:11
Yasuwe :

Aradhana na Stuti ni abana bavutse ari impanga zifatanye, ababyeyi babo babata aho bavukiye mu bitaro bya Padhar mu Buhinde, kubera ubukene babona batabasha kubakemurira ibibazo byabo, ariko ubu abo bana babashije gutandukanywa nyuma y’amezi 11 bafatanye.
Nk’uko 7sur7 ibitangaza, Aradhana na Stuti bari bafataniye mu gatuza, none ku mezi cumi na kumwe bamaze kubagwa kugira ngo bagire ubuzima bwiza, ku bufatanye bw’abaganga 23 n’abaforomokazi 11 ibi bikaba byarakozwe mu gihe cy’amasaha 12. (…)

Aradhana na Stuti ni abana bavutse ari impanga zifatanye, ababyeyi babo babata aho bavukiye mu bitaro bya Padhar mu Buhinde, kubera ubukene babona batabasha kubakemurira ibibazo byabo, ariko ubu abo bana babashije gutandukanywa nyuma y’amezi 11 bafatanye.

Nk’uko 7sur7 ibitangaza, Aradhana na Stuti bari bafataniye mu gatuza, none ku mezi cumi na kumwe bamaze kubagwa kugira ngo bagire ubuzima bwiza, ku bufatanye bw’abaganga 23 n’abaforomokazi 11 ibi bikaba byarakozwe mu gihe cy’amasaha 12.

Kuri ubu abo bana bameze neza ariko baracyari mu bitaro bakurikiranwa n’abaganga.

Kugirango babagwe batewe inkunga n’abanyapolitiki n’abakurikiranaga ibiganiro bya televiziyo bivuga kuri aba bana mu Buhinde, ibi ngo ntibisanzwe muri iki gihugu kuko abana b’abakobwa badahabwa agaciro nk’ab’abahungu, ndetse n’abana bafite ubumuga bakunda kubaha akato.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages