00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibintu 10 bishobora gutuma umugore atandukana n’umugabo

Yanditswe na

Umurerwa Emma-Marie

Kuya 15 December 2012 saa 09:25
Yasuwe :

Urubuga Cosmo rukorera mu gihugu cy’u Bwongereza, rwashyize ahagaragara icyegeranyo gikubiyemo impamvu zitandukanye zishobora gutuma abantu bari basanzwe bakundana batandukana. Izi mpamvu zikaba zaratanzwe n’abagore bagera 1400.
Urubuga Cosmo, rwakoze ubushashatsi ku mpamvu zitera gutandukana kw’abagore n’abagabo, abagore 1400 batandukanye n’abagabo babo mu bihe bitandukanye, bakaba baratanze impamvu zitari zimwe.
10. Kutanyurwa mu mibonano mpuzabitsina: n’ubwo bikunze kugirwa ibanga, (…)

Urubuga Cosmo rukorera mu gihugu cy’u Bwongereza, rwashyize ahagaragara icyegeranyo gikubiyemo impamvu zitandukanye zishobora gutuma abantu bari basanzwe bakundana batandukana. Izi mpamvu zikaba zaratanzwe n’abagore bagera 1400.

Urubuga Cosmo, rwakoze ubushashatsi ku mpamvu zitera gutandukana kw’abagore n’abagabo, abagore 1400 batandukanye n’abagabo babo mu bihe bitandukanye, bakaba baratanze impamvu zitari zimwe.

10. Kutanyurwa mu mibonano mpuzabitsina: n’ubwo bikunze kugirwa ibanga, abagore 15,7% batangaje ko batandukanye n’abakunzi babo bapfa kutabanyura mu mibonano mpuzabitsina.

9. Bene wabo w’umugabo iyo babaye benshi mu rugo: abagore bagera kuri 18,9% by’ababajijwe, basubije ko batandukanye n’abagabo babo, bitewe na ba Nyirabukwe hamwe na baramukazi babo babanaga mu rugo, bagashaka kubategeka.

8. Kutabona umwanya wo kuganira: 20,2% batangaje ko kutaganira n’abagabo babo, bitewe n’impamvu zitandukanye hamwe no guhorana umunaniro, ngo byatumye batandukana.

7. Kutongera ubumenyi: Kutagira ubushake bwo kwiyungura ubwenge, byatumye abagore bagera kuri 20,6% batandukana n’abagabo babo.

6. Kutitabwaho: Kutagaragarizwa ko bitaweho, byatumye abagore bagera kuri 21,1% byatumye bata ingo zabo.

5. Kumva bashaka kwigenga: Abagore bagera 21% bo ngo batandukanye n’abagabo babo kugira ngo bigenge, babeho ubuzima bwa bonyine.

4. Intonganya: Guhorana intonganya mu rugo, byatumye abagore bagera kuri 29,1% bananirwa kubaho muri ubwo buzima, bahitamo kwahukana.

3. Kutizerana: Icyizere n’ikintu gikomeye hagati y’umugore n’umugabo, iyo nta kwizerana urugo rurasenyuka. 29,7% nta cyizere bari bafitiye abagabo babo.

2. Gucana inyuma: abagore bagera kuri 36,6% batandukanye n’abagabo babo kubera ko babacaga inyuma.

1. Gutegeka cyane: Abagore bagera kuri 12,7 bahukanye kubera kurambirwa amategeko y’abagabo babo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages