00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kirehe: Abaturage bavumbuye Amakara akorwa mu birere

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 5 August 2012 saa 12:15
Yasuwe :

Mu murenge wa Gatore, mu karere ka Kirehe abaturage bavumbuye uburyo bushya bubyaza amakara mu birere. Ubu buryo ngo babutekereje mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije dore ko amakara amenyerewe ava mu biti.
Ubwo twasuraga koperative CODOBIGA Gatore ikora amakara avuye mu birere, twasanze atari umunsi w’akazi ku banyamuryango ariko bacye twahasanze batweretse uburyo amakara ava mu bigize insina y’urutoki, Ndikubwimana Janvier yadusobanuriye uko bikorwa…
Iki gitekerezo cyaje nyuma yo (…)

Mu murenge wa Gatore, mu karere ka Kirehe abaturage bavumbuye uburyo bushya bubyaza amakara mu birere. Ubu buryo ngo babutekereje mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije dore ko amakara amenyerewe ava mu biti.

Ubwo twasuraga koperative CODOBIGA Gatore ikora amakara avuye mu birere, twasanze atari umunsi w’akazi ku banyamuryango ariko bacye twahasanze batweretse uburyo amakara ava mu bigize insina y’urutoki, Ndikubwimana Janvier yadusobanuriye uko bikorwa…

Iki gitekerezo cyaje nyuma yo gusanga muri aka gace nta mashyamba ahari kandi basanga bakize cyane ku buhinzi bw’urutoki, ariko rero ngo aya makara nta ndwara ashobora gutera umuntu ugereranyije n’akorwa mu biti.

Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu murenge wa Gatore Rwagasore Lewis avuga ko ibitekerezo nk’ibi bizana iterambere kubaturage nibyo bashyigikira kuko bigirira akamaro abantu benshi.

Aya makara agurwa n’abifashije kuko amakara 50 agura amafaranga ibihumbi 2000.

Orinfor


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages