Mu gihugu cya Tunisia haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 20, wahitanywe no kurya amagi 28 amaze gutega na begenzi be.
Ikinyamakuru Daily Nation cyo muri Kenya dukesha iyi nkuru, gitangaza ko uyu wapfuye ari uwitwa Dhaou Fatnassi ukomoka mu mujyi wa Kairouan, aho ngo nyuma yo gutega ko aya magi ashobora kuyamara, inshuti ze zamwijeje ko zimuha ibihembo nyamara zirinda ku mubwira ibyo aribyo.
Ibi ariko ngo ntibyahiriye Fatnassi kuko nyuma yo kurya aya magi, yahise amererwa nabi cyane bityo yerekeza mu bitaro ariko aza kuhasiga ubuzima nyuma y’akanya gato ahageze.



















TANGA IGITEKEREZO