00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uburebure bw’intoki bufitanye isano n’uburebure bw’igitsina cy’umugabo

Yanditswe na

Umurerwa Emma-Marie

Kuya 2 August 2012 saa 05:40
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwakorewe ku Banyakoreya y’amajyepfo bwagaragaje ko kugira ngo umenye uburebure bw’igitsina cy’umugabo, ushobora kuburebera ku burebure bw’igikumwe cye n’ubwa mukubitarukoko.
Amakuru dukesha urubuga rwa ABC News, avuga ko aba bashakashatsi bagaragaje ko, ikinyuranyo kinini kiri hagati y’izo ntoki ebyiri kigaragaza uburebure bw’igitsina cy’umugabo cyafashe umurego, naho iyo igikumwe kenda kureshya na mukubitarukoko cyangwa bireshya, igitsina cy’uwo mugabo aba ari gito (…)

Ubushakashatsi bwakorewe ku Banyakoreya y’amajyepfo bwagaragaje ko kugira ngo umenye uburebure bw’igitsina cy’umugabo, ushobora kuburebera ku burebure bw’igikumwe cye n’ubwa mukubitarukoko.

Amakuru dukesha urubuga rwa ABC News, avuga ko aba bashakashatsi bagaragaje ko, ikinyuranyo kinini kiri hagati y’izo ntoki ebyiri kigaragaza uburebure bw’igitsina cy’umugabo cyafashe umurego, naho iyo igikumwe kenda kureshya na mukubitarukoko cyangwa bireshya, igitsina cy’uwo mugabo aba ari gito biringaniye.

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bagabo b’Abanyakoreya bagera ku 144, aho babashyize mu bitaro babatera ikinya kugira ngo babone uko bapima uburebure bw’ibitsina byabo mu gihe gisanzwe, n’uburebure bwabyo mu gihe byafashe umurego.

Abakoze ubu bushakashatsi bavuze ko mu gihe igikumwe cy’umugabo ari kigufi cyane ugereranije na mukibitarukoko, igitsina cye aba ari kinini, ibyo bikaba bigaragara ku bitsina by’abagabo bakuze(basheshe akanguhe) nk’uko bitangazwa na Dogiteri Tae Beom Kim wo muri Kaminuza ya Gachon.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages