Umunyamerikakazi ufite imyaka 22 y’amavuko, yafashwe amaze gutanga isoko ryo kugurisha abana be babiri kuri Facebook.
Misty Van Horn yafashwe kuri uyu wa 09 Werurwe2013 ahitwa Oklahoma muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe yari amaze gutanga isoko kuri Facebook ryo kugurisha abana be babiri.
Amakuru dukesha urubuga 7 sur 7 avuga ko uwo Munyamerikakazi, yagombaga kugurisha abo bana ku mugore ngo utuye ahitwa Arkansas.
Misty Van Horn, yagombaga kugurisha umwana we w’umuhungu ufite imyaka ibiri gusa, akamugurisha ku madorari y’Abanyamerika 3,000, naho umukobwa we ufite amezi icyenda gusa akagurisha amadorari 1,000, ushyize mu mafaranga y’u Rwanda akaba arenga miliyoni ebyiri.
Ibitangazamakuru binyuranye bikorera muri Amerika bivuga ko ngo atari ubwa mbere uwo mugore agurisha abana be, kuko polisi yagiye yerekana raporo nyinshi ze, yagiye agurisha abana be.
Kuri ubu ariko ari mu maboko ya polisi, abana be bakaba barashyikirijwe ikigo kita ku buzima bw’abantu.



















TANGA IGITEKEREZO