00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yahagaritswe kubera gufata ibere ry’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Yanditswe na

Jean Bosco MUTIBAGIRANA

Kuya 26 April 2012 saa 09:05
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu cya Uganda yahagaritse ku mirimo ye umupolisi ushinjwa gufata ibere ry’umugore utavuga rumwe n’ubutegetsi.
Amakuru dukesha Jeune Afrique avuga ko James Baba intumwa ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko uyu mupolisi ahagaritswe mu gihe hagikorwa iperereza, ariko yirinze gutangaza niba uyu mupolisi ari umugabo cyangwa umugore.
Ibi byabaye mu gihe bahagarikaga umugore bavuga ko atubahiriza amategeko y’umuhanda akanasuzugura amabwiriza (…)

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu cya Uganda yahagaritse ku mirimo ye umupolisi ushinjwa gufata ibere ry’umugore utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Amakuru dukesha Jeune Afrique avuga ko James Baba intumwa ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko uyu mupolisi ahagaritswe mu gihe hagikorwa iperereza, ariko yirinze gutangaza niba uyu mupolisi ari umugabo cyangwa umugore.

Ibi byabaye mu gihe bahagarikaga umugore bavuga ko atubahiriza amategeko y’umuhanda akanasuzugura amabwiriza yahabwaga n’umupolisi. Minisitiri ati " Birashoboka ko uyu mugore yaba yarahohotewe ubwo yafatwaga".

Icyo gikorwa cyateye imvururu zikomeye mu gihugu, aho kuri uyu wa Mbere abagore 12 bigaragambije bamwe muri bo bambaye utwenda dufata amabere gusa bashaka kugaraza ububabare.

Aba bagore bigaragambya bari bafite ibyapa byanditseho ngo : " Wakumva umeze ute bagukanze ubugabo ?"

Abagore bigaragambya

Ku wa Gatanu, televiziyo ya Uganda yagaragaje amashusho uyu mupolisi ahagarika abigaragambya afata ibere rya Ingrid Turinawe, uyu akaba ari umwe mu bagize ishyaka ritavuga rumwe na Leta riharanira impinduka ubwo yasohokaga mu modoka ye ahita anafatwa.

Foto:Jeune A.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages