Iri tsinda ry’abantu barindwi riyobowe na Dr Iyamuremye Augustin ni umushinga wa mbere rigejeje ku Nteko kuva ryatangira imirimo yaryo biteganyijwe ko rizaba ryasoje mu gihe cy’amezi ane.
Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE mu cyumweru gishize, Dr Iyamuremye Augustin, yavuze ko komisiyo ayoboye yatanze umusaruro wa mbere, wo gukora imbanzirizamushinga ya mbere bakayishyikiriza Abadepite.
Yavuze ko iyi komisiyo iri gukora amanwa n’ijoro ngo yuzuze mu gihe cya nyacyo inshingano zayo, ati “Tukimara kurahira ku itariki ya 16 Nzeli 2015, twahise dutangira akazi uwo munsi nyuma ya saa sita. Turakora iminsi yose na weekend kandi hafi ya buri munsi dutaha saa yine z’ijoro.”
Nubwo iyi Komisiyo ifite igihe cy’amezi ane gishobora kongera, Dr Iyamuremye avuga ko bazi neza icyo Abanyarwanda bakeneye ariyo mpamvu bakora ubutaruhuka.
Iyi mbanzirizamushinga iza kwigwa n’abadepite, Dr Iyamuremye yavuze ko harimo ibyifuzo by’abaturage kuko basabye ko nta mubare wa manda ku Mukuru w’Igihugu.



















TANGA IGITEKEREZO