00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abadepite baratora Umushinga w’ivugurura ry’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Yanditswe na

Cyprien Niyomwungeri

Kuya 27 October 2015 saa 08:59
Yasuwe :

Nyuma y’uko Abadepite b’u Rwanda batoye ishingiro ry’umushinga w’ivugurura ry’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukwakira baratora umushinga w’ivugurura ry’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda uko ryavuguruwe kugeza ubu.

Mu nteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yo kuwa 12 Ukwakira, Abadepite batoye ishingiro ry’umushinga w’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo kuwa 4 Kamena 2003, hagamijwe kuvugurura ingingo ya 101 ikemerera Perezida Paul Kagame kongera kwiyamaza kuyobora igihugu.

Imbanzirizamushinga y’iryo Tegeko Nshinga, yaragaje ko ingingo ya 101 izaba ivuga ko Perezida wa Repuburika atorerwa manda y’imyaka irindwi. Kandi ashobora kongera gutorerwa izindi manda, banemeje ko hari n’izindi ngingo zigomba kuvugururwa kuko zitakijyanye n’igihe.

Umushinga w’ivugururwa ry’itegeko nshinga numara kunozwa uzajyanwa mu matora ya kamarampaka.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages