Yabitangaje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 13 Kamena, mu kiganiro yagiranye na Royal TV ariko ntiyasobanuye igihe yagiriyeyo cyangwa uko yahavuye.
Icyakora yahamije ko ntacyo yari arwaye ahubwo yajyanyweyo by’akagambane ari na cyo cyatumye arinda avayo nta miti yaho anyweye.
Aganira n’umunyamakuru yagize ati “ Jye nari umutekinisiye cyane. Twarebanaga n’ushaka kubimpa(ibinini) nkamureba cyane nitonze, yabimpa hamwe n’agakombe k’amazi ko kubinywesha, yabimpereza nkagira ntya nkabijugunya inyuma, akabona nyweye amazi, nkaba nishe anketi…”
“Bya binini habaga nk’umuceri watakaye cyangwa ikirayi nkabyegerezaho nkica anketi burundu. Ibyo binini ntabyo nigeze nywa. Barabashuka, barababeshya. Nta muntu wari kubinywesha ku ngufu, ni ‘my rights’ (ni uburenganzira bwanjye).
Umunyamakuru yamubajije uko abo babanaga i Ndera bari bameze asubiza ati “ Bari abantu batandukanye nkawe n’abandi, ni abantu benshi, hari abo nasanze bamazemo n’imyaka 20.
Ahubwo uwabajyanyeyo yari yabanje gusuzuma ko ari abasazi, icyo ni kimwe, abari bariyo bafitiwe gahunda yo kuzakurwayo cyangwa bazagumishwayo?”



















TANGA IGITEKEREZO