00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Abagore bahoze bacururiza ku gataro barasaba ko Itegeko Nshinga rihinduka

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 30 April 2015 saa 09:06
Yasuwe :

Abagore 730 bahoze bacururiza ku gataro basigaye baribumbiye mu makoperative, barasaba ko Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo ya 101 ikumira Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame kongera kwiyamamariza manda ya 3 ryahinduka kugira ngo bongere bamutora.

Mu ibaruwa bashyizeho umukono, bakayishyikiriza Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango kuwa gatatu tariki ya 29 Mata 2015, aba bagore bo mu turere 3 tugize umujyi wa Kigali, bavuga ko bahawe agaciro na Perezida Paul Kagame, wabaremeye akabaha igishoro, kuri ubu bakaba baribumbiye mu makoperative.

Uwari uhagarariye abo bagore, Uwimbabazi Chantal, yasomeye mu ruhame ibaruwa asaba Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’ Umuryango , Oda Gasinzigwa, kuzayibagereza kuri Perezida w’Iteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite.

Uwimbabazi Chantal asoma ibaruwa

Iyi baruwa yandikiwe Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, isaba ko ingingo ya 101 mu Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda yahindurwa.

Igika kimwe muri iyo baruwa kigira kiti “ Nyakubahwa twebwe abagore bacuruzaga agataro , tubanje kubashimira uburyo mutwitaho. Ubu twavuye mu muhanda dukorera mu makoperative. Ariko Nyakubahwa , dufite icyifuzo. Turasaba ko mwaduhindurira Itegeko Nshinga , ingingo ya 101 tukazongera tukamutora , kuko Perezida wacu Paul Kagame Intore izirusha intabwe yaduhaye agaciro. “

Minisitiri Odaa Gasinzigwa yijeje aba bagore ko azabagereza ubutumwa aho bugomba kugezwa.

Uwimbabazi ashyikirza Mininisitiri Oda ibaruwa
Bahoze bacururiza ku gataro

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages