Kuwa Gatandatu mu gitondo, imihango yo kwibuka yabereye muri Komine ya Woluwe Saint Pierre mu Mujyi wa Buruseli yayobowe na Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi; hari abatumirwa baturutse hirya no hino barimo uhagarariye Leta y’u Bubiligi, uhagarariye umuryango Ibuka mu Bubiligi, abahagarariye ibihugu byabo batandukanye, uhagarariye Diaspora Nyarwanda mu Bubiligi, inshuti z’u Rwanda n’Abanyarwanda batuye hirya no hino mu Bubiligi.
Nyuma ya saa sita habaye indi mihango yo kwibuka yabereye muri ACP (Groupe des Etats d’Afrique, des Caraïbes et du Pacifique), ku mugoroba hakurikiraho umuhango wateguwe na Ibuka-Belgique watangiye saa kumi n’ebyiri ugeza mu gitondo.
Muri iyo mihango yose havugiwe amagambo yagarukaga ku byabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi hakoreshwa amagambo y’uko ibyabaye bitazongera ukundi.
Mu ijambo rye, Ambasaderi Masozera yagize ati: "Buri mwaka turahura ngo twibuke kuko kwibagirwa byaba ikintu kibi cyane kandi kwibuka bituma turuhuka ku mutima. Ni uburyo kandi bwo kuvuga ibyatubayeho mu kuri gutandukanye n’iby’abapfobya amateka mabi u Rwanda rwaciyemo mu 1994".
Yashimye kandi abitabiriye uyu muhango kuko kuba baza bagafatanya n’abarokotse bituma bumva atari bonyine.
Yakomeje yamagana abadahana abakoze Jenoside, anavuga ko u Rwanda rukomeje kugira imbaraga kubera inyigisho rwavanye mu mateka yaruranze no kugerageza kubitangamo urugero ngo Umunyarwanda aho ari hose bimubere urugero mu kwiyubaka.
Ku mugoroba wo kwibuka wayobowe na Ibuka yo mu Bubiligi havuzwe gukomeza guha umwanya abacitse ku icumu ngo bivugire amateka, nk’uko indirimbo ya Kizito igira iti ’Ribara Uwariraye’.
Umwe mu batanze ubuhamya ati " N’ubwo jye mfite imipanga ku mubiri, nzi neza ko muri mwe benshi mufite imipanga ku mutima". Akomeza agira ati: "Niba ntanze ubuhamya bwanjye uko mbishoboye, namwe mutange ubwanyu mu buryo bwo kwivugira amateka atazibagirana na rimwe kuko kwibagirwa ni ukuzima burundu".
Muri uwo muhango kandi abahanzi barimo Nyiranyamibwa Suzanne, Muyango Beza Jeanne, Nyiratunga Alphonsine (Fofo), Julienne Gashugi, Kayiganwa Julienne, Déogratias Mazina (poète), Jeanne na Butera Jeanne (Knowless), n’abandi bahanzi b’inshuti z’u Rwanda bafashe mu mugongo abacitse ku icumu mu majwi aruhura umutima.


















TANGA IGITEKEREZO