00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwibuka i Ruhanga

Yanditswe na

Ruzindana RUGASA

Kuya 18 April 2012 saa 05:24
Yasuwe :

Mu ijoro ryo kuwa 14 rishyira uwa 15 Mata 2012; Abaturage batuye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali baraye ijoro ry’ikiriyo bucyeye bwaho bibuka ndetse bashingura imibiri 159.
Abafashe ijambo bose mu muri uyu muhango wo kwibuka imyaka 18 ishize habaye Jenoside, bagarutse ku bwicanyi bwakorewe abari batuye aha i Ruhanga bwabaye kuwa 15 Mata 1994.
Ku itariki ya 15 Mata 1994 nibwo abantu bari baturutse hirya no hino (Muyumbu, Fumbwe, Gicaca, Rwamashyongoshyo, (…)

Mu ijoro ryo kuwa 14 rishyira uwa 15 Mata 2012; Abaturage batuye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali baraye ijoro ry’ikiriyo bucyeye bwaho bibuka ndetse bashingura imibiri 159.

Abafashe ijambo bose mu muri uyu muhango wo kwibuka imyaka 18 ishize habaye Jenoside, bagarutse ku bwicanyi bwakorewe abari batuye aha i Ruhanga bwabaye kuwa 15 Mata 1994.

Ku itariki ya 15 Mata 1994 nibwo abantu bari baturutse hirya no hino (Muyumbu, Fumbwe, Gicaca, Rwamashyongoshyo, Gahengeli n’ahandi) biciwe muri uru rusengero ; bishwe urupfu rw’agashinyaguro baraswa amasasu, baterwa amagerenade n’abajepe n’interahamwe ndetse byageze aho babatwika na lisansi nk’uko abaharokokeye babivuga.
Uru rwibutso rwari rusanzwe rushyinguyemo abantu 32,068 yongeweho 159 bose hamwe bakaba 32227.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages