Kuwa 25 Gicurasi 2012, abahanzi bari mu irushanwa rya PGGSS II bakoreye igitaramo mu Karere ka Gicumbi ahahoze hitwa Byumba. Abafana bari benshi bagaragaje ko bakunda abahanzi nyarwanda kandi bishimira indirimbo zabo. N’ubwo ubukonje bwari bwishi abafana bagaragaje ko bashyushye kandi bishyimye. Bamwe mu bafana bari buriye amazu abandi burira ibigega ngo birebere abahanzi basanzwe bumva ku maradiyo batababona. Mu gusoza iki gitaramo, abahanzi bose bagiye ku rubyiniro (stage) basozanya igitaramo n’umuhanzi Riderman mu ndirimbo ’Bombori Bombori’.



















TANGA IGITEKEREZO