Mu Ukuboza, 2019 byasaga nk’aho Covid-19 ari icyorezo kibasiye u Bushinwa gusa, ndetse abaturage ba bimwe mu bihugu bakacyumva nk’umugani kuko bumvaga kitazabageraho, gusa nyuma y’ibyumweru bike, iyi ndwara yatangiye gukwirakwira Isi ibintu byatumye OMS iyishyira mu rwego rw’ibyorezo.
Kugeza uyu munsi iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu byo ku Isi 188 aho abarenga miliyoni 22 bamaze kucyandura mu gihe kimaze guhitana abarenga ibihumbi 784.
N’ubwo iki cyorezo kimaze kuba ikibazo gisangiwe n’ibihugu hafi ya byose byo ku isi, hari ibihugu bimwe na bimwe bitaragaragaramo umuntu numwe wacyanduye.
Kugeza ku wa 16 Kanama inzego z’ubuzima muri ibi bihu zari zitaratangaza ko zabonye umuntu numwe wanduye iki cyorezo cya Covid-19.
Ahanini kuba ibi bihugu bitarageramo Covid-19 biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo kuba bidasanzwe bigendererwa cyane, kuba bituwe n’abaturage bake kandi batandukanye, ndetse no kuba byarafashe ingamba zo kwirinda hakiri kare.
Bimwe muri ibyo bihugu:
Koreya ya Ruguru
Kugeza uyu munsi guverinoma ya Koreya ntiratangaza ko hari umuntu n’umwe wagaragaye muri iki gihugu arwaye Covid-19, ibi biterwa n’uko guverinoma yashyizeho ingamba zo kwirinda iki cyorezo kandi ikagenzura mu buryo bukomeye ko zubahirizwa.
Muri Nyakanga nibwo ibiro ntaramakuru byo muri Koreya ya Ruguru, Korean Central News Agency (KCNA) byatangaje ko hafi n’umupaka ubahuza na Koreya y’Epfo hagaragaye umuntu bikekwa ko afite Covid-19, gusa nyuma y’iminsi mike KCNA iza kongera gutangaza ko abaganga ntayo bamusanzemo.
Kiribati
Muri iki gihugu giherereye ku mugabane wa Oceania kikaba gituwe n’abarenga gato ibihumbi 100 naho ntibaratangaza ko hari umurwayi n’umwe wa Covid-19 wahagaragaye.
Ibirwa bya Marshall
Muri ibi birwa biri mu Nyanja ya Pacifica bigahana imbibi na Hawaii ndetse na Philippines naho nta murwayi wa Covid-19 wigeze uhagaragara na rimwe.
Vanuatu
Ubuyobozi bwa Vanuatu ntiburatangaza ko hari umuturage n’umwe wagaragaye muri iki gihugu afite icyorezo cya Covid-19, ahanini byatewe nuko iki gihugu cyafashe ingamba zo kwirinda hakiri kare dore ko guhera muri Gashyantare cyahise gifunga imipaka ndetse n’abaturage bahinjira basabwaga kubanza kujya mu kato banerekanye icyemezo cyo kwa muganga ko ari bazima.
Ibirwa bya Solomon
Mu birwa bya Solomon naho ntiharagaragara umuturage urwaye Covid-19. Ahanini byatewe n’uko ibi birwa bisurwa n’abantu bake dore ko imibare yerekana ko biri mu bihugu bitanu ku Isi bisurwa gake.
Uretse kuba ibi birwa bisurwa n’abantu bake guhera muri Gashyantare byahise bishyiraho gahunda y’uko umuntu winjira muri iki birwa agomba kubanza kwerekana urupapuro rwa muganga rwemeza ko nta Covid-19 afite.
Mu bindi bihugu bitaragaragaramo umuntu numwe wanduye Covid 19 harimo Micronesia,Nauru, Palau, Samoa, ,Tonga, Turkmenistan na Tuvalu.




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!