Impamvu y’uyu mwiherero, harimo kuvugurura no kwemeza amategeko azabagenga, kurebera hamwe icyakorwa mu rwego rwo kwegera abayobozi b’iyindi miryango nyarwanda ikorera muri Canada mu rwego rwo kwagura amarembo no kongera imbaraga.
Umutoni Shakila, ushinzwe ibikorwa muri Ambasade y’u Rwanda muri Canada watangije ku mugaragaro uyu mwiherero,yashimiye cyane abitabiriye icyo gikorwa ko byerekana ubwitange bagagaraza mu bikorwa byubaka igihugu cyabo cy’u Rwanda.
Umutoni yakomeje agira ati "‘Rwanda Community Abroad’ ifite urahari runini mu iterambere ry’igihugu cyacu kandi kubaka inzego zikomeye akaba ari wo musingi w’ibikorwa birambye."
Yanibukije abari bateraniye aho ko uwo mwiherero ugamije kunonosora intumbero ihamye ya ‘Rwanda Community Abroad,’ haba muri iyi minsi ndetse no mu bihe bizaza.
Théophile Rwigimba uhagarariye Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Canada, ku rwego rw’ Intara, yashimiye abitabiriye umwiherero n’abatanze ibiganiro binyuranye.
Rwigimba yanashimiye cyane Shakila Umutoni (chargée d’affaire) ku bufatanye ahora abagaragariza muri gahunda ndetse n’ibikorwa bitandukanye.
Muri uyu mwiherero kandi baganiriye ku cyo Diaspora aricyo, akamaro ka Rwandan Community Abroad, uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, imikoranire n’inzego kuva kuri RDGN, inzego z’igihugu, imijyi n’uturere.
Théophile yashimiye kandi abitabiriye umwiherero by’umwihariko Alice Kabagire Cyusa umuyobozi wa RDGN ku kiganiro cyiza yagejeje kubari bitabiriye umwiherero ku bijyanye n’amategeko agenga urwo rwego, intego za RDGN ndetse n’imikorere ni mikoranire nizindi nzego.
Abayobozi b’iyo miryango bari bitabiriye uwo mwiherero, bakomeje baganira ku birebana n’uburyo bashimangira inzego bayobora, ndetse banarebera hamwe imiterere yazo, banatanga ibitekerezo mu kuvugurura amategeko bazagendaraho mu buryo bw’imikoranire n’andi mashyirahamwe nyarwanda mu turere batuyemo muri Canada.



















TANGA IGITEKEREZO