Nk’uko twabitangarijwe n’ubuyobozi bwa Diaspora nyarwanda muri Mali, iki gikorwa cyaranzwe n’umukino w’umupira w’amaguru hagati y’ikipe y’Abanyarwanda bafatanyije n’Abarundi bahuye n’ikipe y’Abanyecongo ukaba warabereye kuri Stade Mamadou Konate iherereye mu murwa mukuru Bamako.
Ikipe y’Abanyarwanda n’Abarundi yatsinze iy’Abanyecongo ibitego 7-1.
Iki gikorwa kandi cyaranzwe n’ibyishimo byagarajwe n’abaturage baturuka mu karere k’ibiyaga bigari (Rwanda, Burundi na Congo Kinshasa), nyuma y’umupira w’amagguru, bahuriye mu gitaramo cyabereye ahitwa « Palais des Sports », cyagaragayemo indirimbo n’imbyino za buri gihugu n’indi mikino yerekana umuco ubiranga.
Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda muri Mali (RCA-Mali) butangaza ko bashimishijwe cyane n’iki gikorwa cyabafashije guha urugero rwiza abana babo mu gukomeza umuco w’imibanire myiza kandi ngo byatumye bakomeza kwishyira hamwe, basigasira umuco nyarwanda ari na ko barushaho gukomeza kugaragaza isura nziza y’u Rwanda aho batuye.



















TANGA IGITEKEREZO