Uyu munsi wateguwe hagamijwe guhura ngo barebere hamwe ibyo bagezeho, bifurizanye umwaka mwiza wa 2016, tariki ya 27 Gashyantare, unarangwa n’ubusabane.
Umuyobozi mushya wa DRB- Anvers, Frédérique Irankunda, yashimiye Amb. Nduhungirehe kuba yitabiriye iki gikorwa, anasezeranya kuzakomeza gukora ibishoboka byose mu gukomeza umuco mwiza wo gukangurira cyane urubyiruko, kurushaho gusenyera umugozi umwe biyubakira igihugu bakomokamo.
Mu bindi byahavugiwe hibukijwe gahunda itaha yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, umuhango uteganyijwe ku itariki ya 16 Mata 2016, banatumira abanyarwanda n’inshuti zabo kuzaza bagafatanya icyo gikorwa ngarukamwaka.
Muri uwo muhango kandi ni na bwo Umunyarwanda Christian Bizumuremyi yamuritse ibyiza bikorerwa mu Rwanda nk’imitako n’ibindi, hamurikwa ibitabo bitandukanye bivuga ku mateka y’u Rwanda.
Amafoto – Nadia Kabalira (DRB-Rugali)



















TANGA IGITEKEREZO