00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abadepite ba Amerika bashimye umurongo w’iterambere u Rwanda rwafashe

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 30 July 2023 saa 12:24
Yasuwe :

Depite Trent Kelly, uhagarariye leta ya Mississippi, yashimye umubano mwiza leta y’u Rwanda ifitanye na Leta Zunze ubumwe za Amerika anizeza gukomeza guteza imbere ubu bufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ibi bikaba byatangarijwe mu musangiro wateguwe na ambasade y’u Rwanda ku bufatanye n’umutwe w’abadepite muri iki gihugu, wabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Capitol).

Ni umuhango wari ugamije kwishimira ubucuti buri hagati y’Amerika n’u Rwanda no kurebera hamwe uko hakomeza kwagura umubano no guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Uyu muhango wari witabiriwe n’abanyacyubahiro baturutse mu nzego zinyuranye zirimo iza politiki, iz’ububanyi n’amahanga, abanyamadini ndetse n’abandi.

Depite Trent Kelly, yashimye ubucuti basangiye n’u Rwanda ndetse na Afurika muri rusange, ashima u Rwanda nk’igihugu cyiza kandi gifite ubuyobozi bwiza.

Ati “U Rwanda ni igihugu cyiza gifite umuyobozi ukomeye kandi uyobowe n’Imana.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mukantabana Mathilde, yashimiye Depite Trent Kelly na bagenzi be barimo uhagarariye leta ya Kansas, Ron Estes, na James Baird uhagarariye leta ya Indiana, bombi bari bitabiriye uyu muhango kubw’uruhare bagira mu kwimakaza ubucuti bukomeye hagati y’u Rwanda, Afurika, ndetse na Amerika.

Yashimye ubushake bwabo mu gutegura igikorwa nk’iki cy’umusangiro aho yavuze ko “Ibyo mukora mubikora mu buryo bwiza cyane nk’ubu ntiwavuga ko ushaka kugira imikoranire n’abantu kandi utabazi”.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yashimangiye uruhare rwa Trent Kelly na bagenzi be mu musaruro mwiza w’umubano ndetse n’ubufatanye bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Amerika.

Yagize ati “Twishimiye ubucuti n’uruhare rwa buri umwe wese agira mu iterambere igihugu cyacu gikomeza kugeraho. Umubano udasanzwe hagati y’ibi bihugu byombi wagize uruhare mu bintu bitangaje u Rwanda rwashoboye kugeraho uyu munsi”.

Uyu muhango wari witabiriwe n’aba ambasaderi icumi bahagarariye ibihugu byabo muri Amerika, abagize inteko nshingamategeko ya Amerika n’abandi batandukanye.

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, yashimye uruhare rwa buri wese mu iterambere ry'u Rwanda
Ron Estes, uhagarariye leta ya Kansas, yari yitabiriye uyu musangiro
Ni umusangiro wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Ambasaderi w'u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mukantabana Mathilde, yashimiye abahagarariye leta zitandukanye muri Amerika ku bushake bagaragaza mu kubaka ubucuti n'u Rwanda
Depite Trent Kelly (iburyo), ahamya ko umubano igihugu cye gifitanye n'u Rwanda uzakomeza
Uyu muhango wari witabiriwe n'abantu batandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages