00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Congo-Brazzaville bizihije Umunsi wo Kwibohora, urubyiruko ruhabwa umukoro

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 5 July 2026 saa 04:08
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Congo-Brazzaville bizihije imyaka 32 u Rwanda rumaze rwibohoye, bibutswa ko gukomeza kubaka u Rwanda bisaba kurangwa n’indangagaciro zirimo gukunda Igihugu, ubunyangamugayo no gukora cyane.

Ibyo byagarutsweho ku wa 4 Nyakanga 2026 mu birori byo kwizihiza uwo munsi byateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri Congo-Brazzaville ifatanyije n’Abanyarwanda bahatuye, bibera i Brazzaville.

Byitabiriwe n’abasaga 400 barimo Abanyarwanda batuye muri Brazzaville n’inshuti zabo, abayobozi muri Guverinoma ya Congo, abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo muri icyo gihugu, abahagarariye imiryango mpuzamahanga n’abandi.

Congo-Brazzaville yari ihagarariwe na Minisitiri w’Ubutwererane Mpuzamahanga no Guteza Imbere Ubufatanye hagati ya Leta n’Abikorera, Denis Christel Sassou N’Guesso.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo-Brazzaville, Busabizwa Parfait, yavuze ko Umunsi wo Kwibohora ari ukomeye mu mateka y’u Rwanda, cyane ko wibutsa ubutwari bw’Ingabo za RPA zari ziyobowe na Perezida Paul Kagame, zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uko Kwibohora yashimangiye ko ari ko kwabaye intangiriro yo kubaka igihugu gifite icyerekezo, ubumwe n’iterambere bituma uyu munsi u Rwanda rumaze kuba icyitegererezo ku ruhando mpuzamahanga.

Ambasaderi Busabizwa yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwageze ku iterambere rigaragara mu bukungu no mu mibereho myiza y’abaturage ubu rukaba ruhanze amaso icyerekezo 2050, ashimangira ko nubwo hari byinshi bimaze kugerwaho, urugendo rw’iterambere rugikomeje.

Yanashimiye Guverinoma ya Congo ku mubano mwiza ifitanye n’u Rwanda ndetse n’ubushake yakomeje kugaragaza mu gushyigikira Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) n’ingamba zigamije koroshya urujya n’uruza rw’Abanyafurika hagati y’ibihugu byabo.

Yasabye kandi urubyiruko rw’Abanyarwanda gukomeza kurangwa n’indangagaciro z’ubunyangamugayo, gukunda Igihugu no gukora cyane, agaragaza ko ari byo shingiro ryo gukomeza gusigasira ibyagezweho no gukomeza iterambere rirambye.

Ibyo birori byasusurukijwe n’Itorero Amaliza rigizwe n’Abanyarwanda batuye i Brazzaville ndetse n’itsinda ndangamuco ryo muri Congo rizwi nka Fantastique.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo-Brazzaville, Busabizwa Parfait, yavuze ko Kwibohora kwabaye intangiriro yo kubaka igihugu gifite icyerekezo
Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo-Brazzaville, Busabizwa Parfait, hamwe na Minisitiri w’Ubutwererane Mpuzamahanga no Guteza Imbere Ubufatanye hagati ya Leta n’Abikorera, Denis Christel Sassou N’Guesso
Itsinda ndangamuco ryo muri Congo rizwi nka Fantastique ryasusurukije abitabiriye ibirori byo Kwibohora k'u Rwanda
Ibi birori byaranzwe n'imbyino gakondo y'Abanyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages