00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda batuye mu Burusiya bahuriye mu birori by’Ubunani

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 3 January 2026 saa 10:33
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye mu Burusiya bahuriye i Moscow mu birori byo kwizihiza umwaka mushya wa 2026 byateguwe n’Ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri iki gihugu ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda.

Ni ibirori byabaye tariki ya 1 Mutarama 2026, byitabirwa na Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Maj Gen Joseph Nzabamwita, Abanyarwanda batuye i Moscow no mu bice biyikikije, biganjemo abanyeshuri biga muri za kaminuza zitandukanye, abakozi ba Ambasade n’imiryango yabo.

Mu ijambo ry’ikaze ryatanzwe n’Umuyobozi w’Abanyarwanda baba mu Burusiya, Alex Rukeratabaro, yashimiye Ambasaderi Nzabamwita kuba yitabiriye ibi birori n’ubufasha akomeje gutanga mu bikorwa bigamije guteza imbere ubumwe n’umuco mu Banyarwanda batuye mu Burusiya.

Rukeratabaro kandi yaboneyeho no kwakira abanyamuryango bashya, abasaba kugira uruhare rufatika mu bikorwa bakora.

Ambasaderi Nzabamwita yagarutse ku by’ingenzi bikubiye mu butumwa bwo gusoza umwaka bwa Perezida Paul Kagame, bwagarukaga ku ntambwe u Rwanda rwateye mu 2025, iterambere rikomeje kugerwaho, ndetse n’uruhare rw’urubyiruko mu gukomeza ibyo byagezweho, gukemura ibibazo by’igihugu binyuze mu guhanga ibishya no kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.

Amb. Nzabamwita yagarutse kuri zimwe mu ntambwe zikomeye u Rwanda rwateye mu 2025, zagize uruhare mu kurushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.

Muri zo harimo inama mpuzamahanga ya mbere ku mutekano muri Afurika (ISCA), iyobowe n’uwahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Lt. Gen. Frank Mushyo Kamanzi, n’inama ngarukamwaka ku guhanga ibishya mu by’ingufu za nucléaire muri Afurika (NEISA).

Yashimiye kandi ikipe y’umupira w’amaguru y’Abanyarwanda baba mu Burusiya yageze muri ¼ cy’irangiza mu marushanwa y’Ibihugu bibarizwa mu muryango w’abibumbye ‘UN Games of Friendship’ yabaye muri Nzeri 2025, aho u Rwanda rwahawe igikombe cy’abafana beza b’irushanwa.

Yasabye abanyeshuri bashya kwitanga mu bikorwa bitandukanye by’umuryango, birimo siporo, itsinda ry’imbyino gakondo, umuziki n’ibikorwa byo kubungabunga umuco, gutegura ibirori bimenyekanisha igihugu, hagamijwe guhagararira u Rwanda neza mu mahanga.

Ibi birori byakomereje mu myidagaduro, aho abitabiriye basangiye amafunguro n’ibinyobwa, bishimira umunsi mukuru w’Ubunani. Muri uwo mugoroba, basusurukijwe n’itorero Imena mu Nganzo, ‘bande’ y’abaririmbyi n’ibindi bikorwa byishimiwe n’abitabiriye.

Abanyarwanda batuye mu Burusiya bahuriye mu birori byo kwizihiza Ubunani
Bagize umwanya wo kubyina imbyino gakondo, bizihiza n'umuco w'u Rwanda
Abitabiriye ibi birori basusurukijwe n’itorero Imena mu Nganzo
Nyuma y'uyu muhango bacinye akadiho bishimira umwaka mushya wa 2026 binjiyemo
Amabasaderi w'u Rwanda mu Burusiya, Maj Gen Joseph Nzabamwita, yasabye Abanyarwanda baba mu Burusiya kwimana u Rwanda
Amb. Nzabamwita yagarutse kuri zimwe mu ntambwe zikomeye u Rwanda rwateye mu 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages