Abari aho berekanye urugendo rw’umugore w’umunyarwanda, banagaragaza uburyo bwakoreshwa hagamijwe kuzamurana no gutezanya imbere, bagendeye ku nsanganyamatsiko igira iti “Ha umugore ubushobozi, yerekane itandukaniro.”
Patrizia Tumbarello, uhagarariye Asia na Pacifica mu kigega IMF (International Monetary Fund), yasobanuriye abari aho ibijyanye no kongerera abagore ubushobozi binyuze mu buringanire n’ubuyobozi.
Agendeye ku byo we yanyuzemo, Tumbarello yavuze ku mbogamizi abagore bari mu buyobozi bahura na zo n’akamaro ko kumenya gukoresha neza igihe.
Yashishikarije abagore kwizera ubushobozi bafite bwo kugera ku ntego zabo, guha agaciro no kwakira ibibananiza bahura na byo mu rugendo rwabo.
Dr. Lorraine Beraho, Umuganga mu bitaro by’abana bya Inova na we yagaragaje akamaro k’uburezi mu kongerera ubushobozi umugore, yibuka kandi anashimira cyane mwalimu we nyakwigendera Inyumba Aloysia wamushikarije ndetse amuha n’ubufasha igihe yigaga iby’ubuganga.
Beraho yavuze ku kamaro ko kwiga nk’imwe mu nkingi yo kongerera umugore ubushobozi, anashishikariza abanyarwandakazi by’umwihariko urubyiruko kubona uburezi nk’inzira yo kugera ku nzozi zabo.
Agira icyo avuga kuri uwo munsi, Providence Nyinyi Nindorera, yagaragaje ibiranga umugore nyawe, avuga ku mbaraga ndetse n’icyubahiro by’abagore.
Yashimiye Imana ku byo u Rwanda rwagezeho mu guteza imbere umugore, yishimira ko umugore w’umunyarwanda azwi nka mutima w’urugo.



















TANGA IGITEKEREZO